Turakwamamariza

Turakwamamariza We will help you to make people know your products or services
MBWIRA BAKUMENYE

20/03/2025

Mu cyumweru gishize, kubera gusatira Walikale kwa M23, kompanyi ya Alphamin – imwe mu nini kw'isi zicukura tin/étain - ifitwemo imigabane minini na kompanyi y'Abanyamerika, yahagaritse by'agateganyo ibikorwa byayo mu birombe biri ahitwa Bisie

Ibyo birombe biri ku ntera irenga gato 50km uvuye muri Walikale-centre https://bbc.in/4iBYzDE

20/03/2025

Wifashishije umuseke.rw – Maze gushimirwa nk’umwe mu bafana ba mbere be!

20/03/2025

NTIBISANZWE - Umugabo w’Umunya-Peru w’imyaka 61 yabonetse ari muzima nyuma yo kumara iminsi 95 yaraburiwe irengero mu nyanja, guhera ku itariki 7 Ukuboza 2024.

Uwo mugabo witwa Maximo Napa, yatabawe n’ubwato bwari buri mu bikorwa by’uburobyi bisanzwe, bumusanga mu bilometero hafi 1,094 uvuye ku nkombe, ariko ameze nabi kuko yari afite ikibazo gikomeye cyo kubura amaraso n’amazi bihagije mu mubiri.

Ajya kubura, ngo yari mu bwato bwo kuroba na we, ajya mu nyanja ateganya kumara ibyumweru bibiri gusa aroba ubundi akagaruka, ariko ibibazo by’ikirere kimeze nabi byaje gutuma atakaza icyerekezo, bimunanira kongera kugaruka ku nkombe.

Ubuyobozi bwa Peru bwateguye ibikorwa by’ubutabazi bitandukanye mu rwego rwo kumushakisha, ariko akomeza kubura, none yabonetse nyuma y’amezi asaga atatu.

Kugira ngo ashobore gukomeza kubaho muri iyo Nyanja wenyine, Maximo Napa byamusaga kurya ibyo yabaga ashoboye kubona, nk’uko yabyivugiye, harimo inyenzi, inyoni, n’utunyamasyo.

Ku bijyanye no kunywa, ngo yanywaga amazi y’imvura yiretse ku bwato bwe, imvura itaba yaguye akicwa n’inyota kuko atashoboraga kunywa amazi y’inyanja.

20/03/2025

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi, yagaragaje ko ateze amakiriro ku masezerano y’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro yemereye Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

20/03/2025
20/03/2025

Wifashishije IGIHE – Mpagaze neza! Hashize amezi 3 akurikiranye ndi umufana. 🎉

29/01/2025

Umusizi Kibasumba Confiance akaba n’umwe mu mpunzi zo muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), zicumbikiwe mu , avuga ko Ishavu n’umunezero byamuteye guhimba igisigo kigamije gutera imbaraga abarwanyi bo mu mutwe wa , umaze igihe urwana baharanira uburenganzira bwabo.
✍️ Inkuru Irambuye👇
https://imvahonshya.co.rw/yahimbye-igisigo-agitura-m23/

29/01/2025

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yategetse Minisiteri y’Ingabo gusubiza mu mirimo abasirikare birukanywe bazira kwanga gufata urukingo rwa Covid-19.

03/01/2025

Sosiyete ishinzwe Ingufu mu Rwanda(REG) yiseguye ku ibura ry'umuriro ryagaragaye icyarimwe henshi mu bice by'Umujyi wa Kigali no mu zindi Ntara ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu.

REG yavuze ko byatewe n'ikibazo tekiniki, ariko ko harimo gukorwa ibishoboka byose ngo umuriro ugaruke vuba.

03/01/2025
03/01/2025

Nyuma yuko hacicikanye amakuru ko umunyamakuru Jean Paul Nkundineza ufungiye mu Igororero rya Nyarugenge [rizwi nka Mageragere], yakubitiwemo ngo n’abantu bari bahawe ikiraka, Urwego rw’Igihugu rw’Igorora, rwanyomoje aya makuru, rwemera ko yakubiswe, ariko ruhakana iyi mpamvu yari yavuzwe.

Amakuru yari yasakaye, yavugaga ko Nkundineza yakubiswe n’abantu ngo bishyuwe, ndetse bimwe mu binyamakuru bikaba byari byatangaje aya makuru yanasakaye ku mbuga nkoranyambaga.

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Igorora (RCS), CSP Kubwimana Thérèse, yemeye ko iki kibazo cy’umunyamakuru wakubitiwe mu Igororero, cyabayeho koko.

Yavuze ko uyu munyamakuru yakubiswe mu rugomo rwabaye tariki 20 Ukuboza 2024, ariko ari urugomo rusanzwe nk’uko bijya biba ahantu hari abantu benshi nk’uku mu Igororero.

Aganira n’ikinyamakuru cyitwa Igihe, CSP Kubwimana Thérèse yagize ati “Nkundineza yarwanye na bagenzi be kandi bijya bibaho kurwana kw’abagororwa.”

Umuvugizi wa RCS akomeza avuga ko, ubwo uru rugomo rwabaga, ubuyobozi bw’Igororero, bwihutiye gutabara uyu munyamakuru, ndetse buranamuvuza.

Ati “Yarafashijwe ararega ubu ikirego cyashyikirijwe Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha.”

CSP Kubwimana Thérèse yavuze kandi ko abagororwa bakoze uru rugomo, na bo babihaniwe nk’uko bisanzwe bigenda mu gihe hari umugororwa ugaragaweho ibibuzwa n’imyitwarire y’Igororero.

Ati “Tubashyira ahantu ha bonyine bagasobanurirwa amakosa bakoze kuko nk’umuntu warwanye utazi icyo yahoye undi ntiwamurekera mu bandi kuko ashobora kubikomeza.”

Umuvugizi wa RCS, avuga ko na we yatunguwe n’amakuru yatangajwe yavugaga ko uyu munyamakuru yakubiswe n’abantu bari bahawe ikiraka.

Ati “Nkibona iby’ikiraka, nibajije niba ari RCS yagitanze ari Leta se cyangwa undi muntu, ariko igihari ni uko yarwanye n’abandi bagororwa.”

Umunyamakuru Jean Paul Nkundineza, afunzwe kuva mu kwezi k’Ukwakira 2023, aho yaje no guhamywa icyaha cyo gutangazaza amakuru y’ibihuha, bishingiye ku byo yavugiye ku murongo ya YouTube ubwo hafatwaga icyemezo ku rubanza rwaregwagamo Ishimwe Dieudone uzwi nka Prince Kid.

Address

0782702212
Kigali

Website

Alerts

Be the first to know and let us send you an email when Turakwamamariza posts news and promotions. Your email address will not be used for any other purpose, and you can unsubscribe at any time.

Contact The Business

Send a message to Turakwamamariza:

Share