Urwanda rwa Benimana

Urwanda rwa Benimana TWASHYIZEHO IYI PAGI MU RWEGO RWO KWIGA NO KUMENYEKANISHA UMUCO N'AMATEKA BYACU ABANYARWANDA

TWIGE
TUMENYE
TUVUGE
DUKUNDE
UMUCO WACU NK'ABANYARWANDA CYANE CYANE ABAKIRI BATO

Nguyu Kayondo ka Mbanzabigwi bya Rwakagara rwa Gaga Ka Mutezintare ya Sesonga ya Makara wa Kiramira cya Mucuzi wa Nyanta...
16/11/2020

Nguyu Kayondo ka Mbanzabigwi bya Rwakagara rwa Gaga Ka Mutezintare ya Sesonga ya Makara wa Kiramira cya Mucuzi wa Nyantabana ya Bugirande bwa Ngoga ya Gihinira cya Ndiga ya Gahutu ka Serwega rwa Mututsi wa Gihanga.
Kayondo yari nyirarume w'Umwami Mutara III Rudahigwa. ni ukuvuga ko yari musaza w'Umugabekazi Nyiramavugo III Kankazi ariwe nyina w'Umwami Rudahigwa.
Kayondo yabayeho mu mpera z’ikinyejana cya 19 no mu ntangiriro z’icya 20.Kayondo yali yaragabiye Rudahigwa inka ariko nyuma aza kuzimunyaga kubera ko atumvikanaga n'umwami Musinga, Umwami yamuzizaga guhakirizwa ku babiligi agatanga amakuru yose y’ibibera n’ibivugirwa i bwami abazungu batabashije kumenya.
Uyu Kayondo yari yaranabwiye Rudahigwa nyuma yo kumunyaga ko niyima ingoma azimuka.gusa ntakamenye ko Rudahigwa azaba umwami w’u Rwanda
Nuko Kayondo ka Mbanzabigwi agiye kubona abona Rudahigwa yimye ingoma mu 1931.Maze arumirwa amera nk’ukubiswe n’inkuba!
Umwami Rudahigwa yamaze kwima ingoma noneho aza gucira amarenga Kayondo amwumvisha ko agiye kumuca. Bari mu gitaramo, ageze aho ati:"Kariya gahongo nakarashe kandi nagahamije!"
Undi ahita asobanukirwa, ati:"na ko kakiri umurindangwe kishe impongo nini, kandi nubu ntawuzi aho yaguye!" Ubwo yamucyuriraga ko n’ubwo yimye ingoma bwose, Se Yuhi V Musinga nawe bamuciriye ishyanga.
Uko yabivuze niko byagenze. umwami Mutara III Rudahigwa yaciye Kayondo amucira i Bugesera.umwami Rudahigwa amaze kumumenyesha ko amuciriye i Bugesera, Kayondo arahambira aragenda. Rudahigwa abonye Kayondo afashe urugendo, agiye ati" Uragiye Imbiligi?" yamwise Imbiligi kuko Kayondo yagambanaga n’Ababiligi. Yasaga n’umubwira ngo ngaho se ababiligi nibagire icyo bakumarira ndebe.undi nawe ati:"Ndagiye nk’urya na barya bagiye! na none Kayondo yongera gucyurira Rudahigwa Se Yuhi V Musinga waciriwe i Kamembe akajyana na bamwe mu muryango we.
Aho batuje Kayondo ni ahitwa ku Rukiramende i Nyamata. Hashize igihe Kayondo agezeyo, Mutara III Rudahigwa yagiye kumusura, ngo arebe ko yicujije. Rudahigwa ati:"Ni amahoro?" Undi, ati:"N’abari i Congo baracana ukaka koko?" ubwo arongera amucyurira Se Yuhi V Musinga.
Ariko ubwo Kayondo yarimo kurya ibijumba, umwami, ati: Mbese usigaye urya ibijumba?" Undi aramusubiza, ati:" Ntacyo bitwaye, n’amafi asigaye aribwa!". Arongera amucyurira Se Yuhi V Musinga usigaye atunzwe n’amafi yo mu kiyaga cya Kivu n’icya Tanganyika.
Hashize ikindi gihe, Mutara III Rudahigwa arongera ajya gusura Kayondo ngo arebe ko yicujije. Yasanze yicaye abaza imiheha, ati:"Kayondo ko wicaye, ntuhinge, ntunakore akazi k’abazungu nk’abandi, urabona amaherezo yawe ari ayahe?" Kayondo ati:"Ababyeyi bose ni bamwe, baravunika, ahubwo udukwikirire amasuka menshi, wenda andi uyohereze i Kamembe, kugirango abazatangirirayo tuzaturire ikivi rimwe i Nyanza!" ubwo arongeye amucyurira Se Yuhi V Musinga, amwumvisha ko uko amerewe ari nako Se Musinga amerewe. umwami Rudahigwa ntiyakoma,Arigendera.
Kayondo yari umuntu ugira ihinyu cyane. na Shefu Semugeshi wahoze atwara mu Bufundu rimwe yagiye kumusura ariko ajya kumusura atinze. Kayondo yitegereza Semugeshi maze aramubwira ati: Sha Nkubwize ukuri uzapfa uri imbwa! Iyo unaniwe kunsura, nibura ntuza no kushinyagurira?"
Ikindi gihe umwami Mutara III Rudahigwa asubira gusura Kayondo ngo arebe ko yicujije. Umwami akigera ku irembo, abantu bamubonye barashiguka, baraza, bakoma yombi, baramuramutsa. Ahagararana nabo abaganiriza. Aza kubona Kayondo aho yicaye aho mu rugo ati'' Mbe Kayondo wowe ko utaza kundamutsa?" Undi ati'' Waranyicaje mpagurutse utabimereye uruhushya naba ncumuye!" umwami Rudahigwa ntiyaba akinjiye mu rugo rwe. Yisubirira mu modoka ye arigendera.
Mbere yo kwitegura kubatizwa, umwami Rudahigwa yagiriwe inama n’abantu benshi ko akwiye kuzabababarira Kayondo kuko mu Bukirisitu nta nzika zirangwamo. Rudahigwa arabyemera,ariko akababazwa n’uko Kayondo ka Mbanzabigwi ari urutare rutajya rwicuza. gusa amaze kubatizwa yaramutumiye, aramubwira ati" Kubera ko ubu nabaye nanjye umukirisitu, nguhaye umuriro" (Guha umuntu umuriro mu Kinyarwanda ni ukumukomorera cg kumuha imbabazi) Kayondo ati"Ashwi da! Wabatijwe ngo ubone ijuru, none umuriro ni jyewe uwuhariye?" nuko Kayondo aba yanze imbabazi. Mutara III Rudahigwa aramusubiza ati"Nawuguhaye rwose kandi iyo mpaye umuntu imbabazi mba nzimuhaye bivuye ku mutima. Kuva ubu uzongere wibere aho ushaka hose mu Rwanda!"
Inkuru irakwira mu Rwanda hose ko Kayondo yanze imbabazi z’umwami. Inshuti n’abavandimwe baramutera, bati"Rekera aho gukabya no kwigomeka! Umwami ararengana, umwanganyi ni wowe!". Hagati aho Mutara III Rudahigwa yari yaragabiye umuhungu wa Kayondo witwaga Rutaremara maze amugabira Busanza yose n’ubusanzwe yatwarwaga na Se Kayondo. Kubera ko Kayondo yari yarakomorewe atuma ku muhungu we Rutaremara ko azaza kumusura akanamushimagiza ko yagabanye Busanza. Rutaremara nawe amutumaho ati"Urakagaruka neza mu Busanza. Ariko wakaza wakagira, uzave mu Busanza ujya gushimira umwami Rudahigwa waguhaye umuriro. Izo nzangano zawe na Yuhi V Musinga uzazifashe hasi.
Ni gutyo Kayondo ka Mbanzabigwi yisubiyeho, ajya gushimira Mutara III Rudahigwa, aherekejwe n’umuhungu we Rutaremara, n’inshuti ze n’abavandimwe kandi bamushyiriye n’amaturo menshi maze umwami amubwira ko yamubabariye kuva kera🙏🏾
Uyu Kayondo niwe kandi umwami Rudahigwa yirahiraga, ati :"Mba ndoga Karoli (izina ry'irikristu rya Kayondo)! "rimwe umugabo witwaga Ruburika yamubajije niba iyo ndahiro irimo ukuri. Umwami ati:Mba ndahiza ukuri nta buryarya kuko Kayondo yangiriye neza igihe yanyagaga jye na Mama aduhora ubusa, Yarakoze kuko byanyigishije kumenya ubwenge no kwitoza kuruha nkiri muto"
Ngayo nguko

Muriho  Benimana  twongeye twagarutse  uyu munsi  turavuga ku mwamikazi  Lozalia  Gicanda Abantu benshi bazi ko Gicanda ...
24/10/2020

Muriho Benimana twongeye twagarutse uyu munsi turavuga
ku mwamikazi Lozalia Gicanda
Abantu benshi bazi ko Gicanda yari umwegakazi ariko siko biri. Gicanda yari umunyiginyakazi w’umuhebera mbibutse ko abahebera bakomoka kuri Semugaza mwene Ndabarasa, Umunsi Gicanda atoranywa mu bandi bakobwa bashimwe n’umwami Rudahigwa abantu bamwe barabyamaganye bavuga ko nta banyiginya bashakana ndetse ni umgabekazi Kankazi ntabyo yashakaga kuko yari yashimye umwakagarakazi, umukobwa witwaga Mukamutara mwene Sekaryongo ka Rwibishenga bya Rwakagara kuko no mu bakobwa 4 barimo na Gicanda bari bajyanywe i Shyogwe mu isuzuma mu ngoro ye, umugabekazi Kankazi we yashakaga ko umuhungu we ahitamo Mukamutara gusa Nkubito y’imanzi aramutsembera ahitamo Gicanda kuko ariwe wari wamunyuze muri abo bakobwa bose.
Abo bakobwa 4 bajyanywe ishyogwe ni:
1.Euphrasie Kayirangwa (umunyiginyakazi w’abamanuka) yaje gushyingirwa Ruhongeka rwa Kayondo. 2.Valerie Mukansoroza wo mu batsobe, nyuma yaje kuba umugore wa Francois Rusagara rwa Nyagasaza watwaraga Imvejuru.
3.Rosalie Mukamutara wa Sekaryongo ka Rwibishenga bya Rwakagara, 4.Gizanda Lozalia umunyiginyakazi w’umuhebera akaba kandi umukobwa wa Gatsinzi Martin.

Umuganzukazi  Nyirakigwene  Dancile abaganzukazi bakomoka kuri Nzuki  wa Semugeshi wa Ruganzu II Ndoli.Nyirakigwene yaba...
18/10/2020

Umuganzukazi Nyirakigwene Dancile abaganzukazi bakomoka kuri Nzuki wa Semugeshi wa Ruganzu II Ndoli.
Nyirakigwene yabaye umupfakazi w’umutware wapfuye akiri muto witwaga Nyantabana uyu Nyantabana yari umwuzukuru wa Rwakagara kuko yari mwene Kabare. Mbere yuko se atabaruka bari bafite umwana umwe gusa witwaga Bagambiki kandi wari muto cyane mu myaka, nyuma y’urupfu rw’umugabo we Nyirakigwene yasabye umwami Musinga ko yasimbura umugabo we ibintu bitari bisanzwe muri icyo gihe ko umugore yatinyuka no kubisaba umwami, gusa Musinga yarabimwemereye
Ni uko Nyirakigwene aba abaye umutwarekazi atwara Nduga ya Gitarama ahita aanaca agahigo ko kuba umugore wa mbere wabaye umutware mu gihugu. Nyirakigwene azwiho kuba yarabaye umuyobozi w’igitinyiro cyinshi kandi wangaga akarengane n’ubusumbane mubo yayoboraga kandi uburanga bwe bwakururaga benshi barimo n’ababiligi. Baramutaka mu ndirimbo no mu bisigo
Inanga yasizwemo izwi cyane ni iyo bita GARUKA
Bagiraga bati” ugaruke ikibuzabwenge, ugaruke inziraguhunga maze se ugaruke shenge Nyirakigwene.

02/02/2020

INSIGAMUGANI YAGUYE I VUTU

Uyu mugani bawuca iyo babonye umuntu waguwe nabi n’ibyo yariye cyangwa se byamwishe buhambe, ni bwo bavuga ngo “Naka yaguye ivutu”; wakomotse ku mugabo Rwahura rwa Magenda wo mu lceni mu Bungwe (Butare), ahagana mu mwaka wa 1500.
Umwami Ndahiro Cyamatare amaze kwicwa n’Abakongoro bamutsinze i Rubi rw’i Nyundo ho mu Bugamba mu Cyingogo (Gisenyi), abanyamaboko bose bigabagabanyije u Rwanda; Abasinga biha i Nduga n’igice kinini cy’Inkiga, Ababanda bigarurira Nyaruguru na Mvejuru n’u Bungwe.
Mu Bungwe hagatwarwa n’umugabo Rwahura rwa Magenda, yari atuye mu Iceni hegereye ibisi bya Huye, akaba umugaragu wa Cyamatare w’icyegera.
Rubanda rero bamaze kwigarurira ayo mahugu, u Bungwe barabumunyaga kuko yari umusindi nka Cyamatare. Baramufata baramuboha, baramucucura, amatungo ye yose barayatwara, asigara ari umutindi nyakujya.
Ubwo atangira gufata isuka arahinga, ariko abanzi be bamugirira ishyari; bajya kumurega kuri Ntampuhwe wari wigaruriye u Bungwe bavuga ko amurogesha, bati “Ntabwo asiba kujya i Burwi kukurogesha”.
Ntampuhwe yohereza abajya kumufata.Inshuti ze zari aho zibatanga iwe ziramuburira. Aherako afubaganya aracika, acikira ku nshuti ye yitwaga Musana yari ituye i Giseke na Nyagisenyi mu Busanza. Agezeyo amutekerereza amakuba arimo. Musana abyumvise agira ubwoba, aramubwira ati “Wabuze gucikira i Burundi, none ucikiye mu Rwanda rwagati !” Ati “Ejo se bakumbonanye ntitwapfana!”
Aramushwishuriza ati “Reba ahandi wagana jye sinashobora kugutungira aha.”
Rwahura abura uko abigenza. Bumaze kwira aragenda asesera mu bihuru araramo. Abimazemo kabiri inzara n’inyota biramurembya. Noneho yigira inama yo kujya i Gacu na Rwabicuma kwa mushiki we wari uhari.
Aragenda agerayo mu rutaha rw’inka. Muramu we amukubise amaso kandi azi ko bamuhiga aramwamagana ati “Ntungerere mu rugo ntawe upfa ngo undi yapfuye!”
Rwahura arashoberwa acaho aragenda, nanone arara mu bihuru buracya. Inzara imaze kumurembya ahengera bugorobye aradogagira ajya i Bunyambilili, kwa Rugaragara munywanyi we wari utuye ku murenge witwa Vutu.
Akigerayo isari iramusabayanza yikubita hasi, Bahuta bamufungurira ararya arahaga ariko ubuhage bumutera kugwa ubukengeri, arirenga arapfa amazimwe ashirira aho.
Naho uko yagacitse, Ntampuhwe agumiriza gushakisha aho aherereye baramubura.
Bukeye umugabo wo mu Bungwe ajya i Bunyambilili kugura itabi. Agezeyo amenya ko Rwahura yapfuye yishwe n’ubukengeri bw’ibiryo ataherukaga. Asubira iwabo kubimenyesha Ntampuhwe, kugira ngo boye gukomeza kurushywa n’ubusa ngo baramushaka.
Ati “Ntimuzongere kwirushya mushakashaka Rwahura ukundi yaguye i Vutu mu Bunyambilili yishwe n’ibiryo kwa munywanyi we Rugaragara bamuramije.”
Inkuru iza kugenda ikwira mu Bungwe, ucitse aha ati “Rwahura ngo yaguye i Vutu yishwe n’ibiryo!” Undi wese ucitse aha bikaba uko. Birotota bisakara u Rwanda rwose, biba inkomoko yo kuvugira ku wishwe n’ibiryo wese ngo “Yaguye ivutu!”

Ngayo nguko ibya Rwahura!!!!!!!!
Turabakunda cyane

14/01/2020

Muraho nshuti bataramyi b'akadasohoka b'iyi paje uyu munsi tugiye kurebera hamwe inkomoko y'insigamugani yitwa YARIYE KARUNGU ndetse tunarebere hamwe n'isano ifitanye n'inkomoko y'izina MBURABUTURO

Uyu mugani bawuca iyo babonye umuntu warakaye yarubiye nibwo bavuga ngo ni mu mubise dore yariye KARUNGU, wakomotse kuri KARUNGU n’umugore we NYIRAKAMAGAZA bo mu Rwampara rwa Biryogo (Kigali) ahasaga mu mwaka w’I 1700.
Uwo KARUNGU yari atuye mu Rwampara rwa Kigali akaba umushumba wa rwoma wahugiye mu nka gusa. Yabayeho mu gihe cya MUSHORANYAMBO, ariwe bita SERUGARUKIRAMPFIZI, wa wundi uvugwaho ubusambo bw’agahebuzo.

Kubera iyo ngeso y’ubusambo, SERUGARUKIRAMPFIZI yamaze kunaniranwa nabo mu Buganza, atura mu Bwanacyambwe ahitwaga ku Gasharu, ni ho yise I Mburabuturo. Amaze kuhatura, umugore we abura amavuta yo kurunga, yajya kuyaguza mu baturanyi be, bakanga kuyamuguriza. SERUGARUKIRAMPFIZI abyumvise ati; “ino si nturo ni Mburabuturo, izina rifata ubwo.
Baba aho biratinda bukeye arapfa, apfa azize ubusambo bwe. Asiga umugore we NYIRAKAMUGORE n’umukobwa we NYIRABISHANGARI n’umushumba wabo RWUJAKARARO. SERUGARUKIRAMFIZI yapfuye ari umutunzi wavugwaga cyane. Ariko muri ubwo butunzi bwe ntagire abagaragu kubera ubusambo, nicyo cyatumye apfa asize umushumba umwe waragiraga amashyo atagira ingano.
Nuko haciyeho iminsi wa mushumba Rwujakararo, na we arapfa. NYIRAKAMUGORE n’umukobwa we NYIRABISHANGARI, basigara muri izo nka bonyine. Bakaba aribo bakuranwa kuziragira. Umwe yaba yaragiye nka none, undi agasigara ku rugo. Babikora batyo ariko bibagora.

Bukeye mu Rwampara hakaba umugabo KARUNGU, bamubwira ko muka Serugarukirampfizi ashaka umushumba umuragirira unka. Arahaguruka ajya gukeza NYIRAKAMUGORE I Mburabuturo, amusaba amata y’ubushumba, dore ko yari umushumba rwoma, NYIRAKAMUGORE abyumvise arishima kuko abonye inshungu yo kumugabanyiriza umuruho. KARUNGU amaze kubona ubuhake, asubira mu Rwampara kuzana umugore we NYIRANEZA (umukobwa w’ineza isa n’umuyange igisingizo cye cy’ingeso nziza), ariko Karungu uwo ngo ari igisambo gitambutse SERUGARUKIRAMPFIZI utarushwaga. Yimuka mu Rwampara n’umugore we basanga Nyirakamugore I Mburabuturo. Abaha inka cumi z imbyeyi z’intizo. Karungu amaze kuzishyikira aha NYIRANEZA itegeko ati; “ujye unywa amacunda
gusa, naho ikivuguto n’nshyushyu, bibe ibyange. NYIRANEZA yemera ubusambo bw’umugabo we, anywa amacunda, ikivuguto n’inshyushyu abiharira KARUNGU. Bukeye KARUNGU yongera
kumubwira ati; Dore tumaze kubona amavuta, nayo ntukayakoreho nayanjye. NYIRANEZA abyemera ariko agononwa. Bukeye agenderera abandi bakobwa b’imburabuturo, arabaganyira, abatekerereza urupfu yapfuye. Abandi baramuseka, bamwe bamwemeza ko azajye arunga basangire. Arita mu gutwi arataha. Nimugoroba KARUNGU acyura inka arinikiza arazikama. Zihumuje ajya munzu. Umugorewe aramugaburira. Amuhereza indosho nawe yenda indi barasangira. KARUNGU aramureba ntiyamubuza, ariko arya ajiginywa, ku mutima ati “nzaguharika! Bukeye, ntiyazuyaza ajya kurambagiza umugore ku Kacyiru.
Ahasanga umugore w’ikirongore witwaga NYIRAKAMAGAZA. Aramusaba aramuhabwa, aratebutsa barashyingira. NYIRAKAMAGAZA ageze kwa KARUNGU amugabanya inka na NYIRANEZA. Amutegeka ko atagomba kurya ku birunge. Bukeye abantu b’imburabuturo bamaze kubimenya, bati; uyu si umushumba wa NYIRAKAMUGORE ubanza ari umugabo we wazutse. NYIRAKAMAGAZA we yemera amategeko, ariko akajya abirya rwihishwa. Bukeye Karungu arabimenya, ahimba amageza yandi.abwira Nyirakamagaza ati; “kuva ubu nzajya rya ibiruge bikonje nibyo bingwa neza”.Guhera ubwo umugore yamara kurunga agasanga umugabo mu nka akamusigariraho ngo ashokere. Undi agaca ruhinganyuma akajya kwiba bya birunge akabirya. Umugore yatahuka agakubitwa n’inkuba akayoberwa uwamwibye akumirwa. Karungu yacyura akabura ibirunge akamutonganya bakarara ku nkenke. Nuko biba akamenyero,
Nyirakamagaza amaze gushoberwa atangira kugenzura umwiba. Bigeze mu mashoka y’inka, atuma umwana, ku mugabo we ngo amubwire ko agiye kureba iwabo bamuhururije ko barwaye (ariko ubwo yaramushukaga). Umwana amaze kubwira se, Karungu ashyira nzira ajya kurya ibirunge by’akamenyero asanganywe. Ageze imuhira asanga umugore yamwihishe, asumira urwabya rw’ibirunge akoramo araroha. Nyirakamagaza, aramubaza ati; “ubwo uragira ibiki?” Karungu aramwara, aterura urwo rweso rwarimo ibirunge arucinya umugore rumusandariraho. Nyirakamagaza ararubira,afata Karungu amushinga amenyo ku mazuru arashingishira arashikura aracira, amusiga na bya birunge, induru arayidehera. Rubanda barahurura, basanga Karungu yacitse amazuru avirirana, n’ibirunge byamuhindanije, inkwenene bayivaho bariyamirira bati; Nyirakamagaza yariye Karungu yamuciye amazuru amujijije ibirunge yamwibye!

ngayo nguko
Inkomoko y’umugani YARIYE KARUNGU, ndetse nizina MBURABUTURO : kurya Karungu,kurakara cyane, kurubira.

mwishyuke Benimana

15/12/2019

Muriho Benimana mfashe uyu mwanya nshimira buri wese wakunze iyi paji yacu ni ukuri muri imfura cyane dore ko mumaze kugera ku 3000 n'imisago urwanda ntirukababure ni impamo👏👏👏👏👏👏👏👏

17/11/2019

Muraho cyane bakunzi b'akadasohoka ba page yacu nyuma y'iminsi myinshi twagarutse ka twombeke maze turore uwanga
Uyu munsi ka twongere twanzikire ku nsigamugani yitwa

UMUSINDI YARENZE AKARWA

Uyu mugani bawuca iyo babonye umuntu warenze ku miziro akayizirura kugira ngo abashe kugera ku cyo yiyemeje, nibwo bagira bati “umusindi yarenze akarwa”.

Wakomotse kuri Ruganzu I Bwimba wategetse u Rwanda, ahasaga mu wa 1345 yiteguraga gutera mu Gisaka nk’uko tubikesha igitabo “Intwari z’Imbanza, zubatse u Rwanda rugahamya igitinyiro”, cyanditswe na Nsanzabera Jean de Dieu.
Mu iyima rya Bwimba, yasanze ibihugu by’ibituranyi by’u Rwanda byose bifite akayihayiho ko kurutera, bitewe n’ishyari byari birufitiye nk’igihugu cyahanzwe nyuma yabyo ariko kikabirusha umuvuduko w’iterambere, gahunda ihamye yo kucyubaka no kwita ku mibereho y’abaturage.
Ruganzu I Bwimba yabibonye kare, atangira gutekereza uburyo bwangushye bwo kubatanga akaba ari we ubatera.
Byahoraga birekereje ngo birebe aho ubushotoranyi bwaturuka, ubundi rukambikana. Muri icyo kibariro u Bugesera bwaje kumvikana n’u Rwanda, bagirana imimaro ariyo masezerano yo gudaterana, i Gisaka cyo kirabyanga gishaka kwigarurira u Rwanda rw’Abanyiginya.
Icyo gihe Kimenyi I Musoya umwami w’i Gisaka yize ubucakura bwo kurongora mushiki wa Bwimba witwaga Nyiramateke Robwa, mu rwego rwo kwiyenza ku Rwanda.
Uwo mugambi akaba yarawutangiye ku ngoma ya Nsoro I Samukondo se wa Bwimba ariko baramumwima, na mbere y’uko atanga yihanangiriza Bwimba wamuzunguye ku ngoma ko atazashyingira umwami w’i Gisaka.

Mu iyima rya Bwimba, Kimenyi Musoya yasubukuye umugambi we wari warapfubye wo gushaka mu Banyiginya. Umwami Bwimba n’abajyanama be barabirwanyije cyane, ariko umugabekazi Nyakanga na musaza we Nkurukumbi barabyemeza, ngo ibyiza ni uko banywana n’i Gisaka kugira ngo kitazabatera kuko cyabarushaga amaboko, naho ibyo kugitera babitera utwatsi.
Bwimba yaje kumvikana na mushiki we Nyiramateke Robwa kutazabyarana n’umwami w’i Gisaka umwana w’umuhungu, kugira ngo atazatera u Rwanda, ndetse biza kugera aho yemeza ko nasama inda ye aziyahura.
Igihe cyarageze Nyiramateke Robwa ashyingirwa mu Gisaka, asama inda ya Kimenyi umwami wa Gisaka cy’Abagesera b’Abazirankende, ariko ntiyabihisha musaza we. Ni uko Bwimba na we yihutira gushaka umutabazi w’Umucengeri uzapfa mbere ya Nyiramateke Robwa, indagu zerera Nkurukumbi, musaza w’umugabekazi Nyakanga.
Kubera ubwoba, Nkurukumbi yarabyanze ahubwo yituga amatugunguru mu kibuno avuga ko arwaye (ngo yazanye amagara), adashobora gutabarira igihugu kuko afite imiziro.
Ariko Bwimba ntiyanyurwa n’ubwo bucakura, nuko aramubwira ati “Niba ufite imiziro, nibyo byiza maze ukagenda ukanduza inka zabo nazo zikarwara indwara urwaye. Ko batadukunda se!’’ Nkurukumbi aranga ararahira, avuga ko atazamenera u Rwanda amaraso.
Indagu za kabiri zafashe umwami Bwimba we ubwe. Muri icyo gihe, mbere yo gutabara, yasize abwiye nyina ati “Imyaka agahumbi Abasinga mudasubira ku ngoma” kuko yabonaga nyina wakomokaga mu Basinga ariwe ugambaniye u Rwanda agashyingira i Gisaka, akanabuza n’umuhungu we Bwimba kugitera, amaze no koshya Nkurukumbi kwanga inshingano z’ubutabazi ngo u Rwanda rutsinde.
Mu kwanga ko Bwimba ajya gutabara, nyina yashyize umweko mu bikingi by’amarembo agira ngo amubuze gutabara, undi aranga arawusimbuka aravuga ati “Umusindi yarenze akarwa, nimusigarane amagara yanyu ayanjye nyajyanye mu Gisaka”.

Ruganzu Bwimba ntabwo yatewe ubwoba n’abo mu muryango we batemeranyaga na we ibyo gutera i Gisaka kuko gahunda yo kwagura igihugu no kugihuza hakoreshejwe uruhembe rw’umuheto yari ayisangije wenyine, ahamanya n’umutimanama we ko agomba gukabya inzozi za Sekuruza Gihanga.
Bwimba ararubira ashoza urugamba, ingabo z’i Gisaka zimutsinda i Nkungu na Munyaga (Rutonde muri Kibungo) ubu ni mu Karere ka Rwamagana.
Mushiki wa Bwimba amaze kumva ko Musaza we yatanze, Nyiramateke Robwa yisekuye ku nkota arapfa, kugira ngo umwana atwite atazavamo umwami w’i Gisaka akazatera u Rwanda rwa Gihanga.

Uwo Ruganzu I Bwimba na mushiki we Nyiramateke Robwa babarirwa mu batabazi b’abacengeri b’ikubitiro bitangiye Ingoma y’i Gasabo. Amaraso ya Bwimba yari amaze kumenekera mu Gisaka yashushanyaga intsinzi y’iteka ryose u Rwanda rwagombaga guhorana mu mugambi wo kwagura igihugu.

mukora share ndetse mwibuka no gukora like

Mwishyuke Benimana

Taliki 14/11/1931 imyaka 88 irashize Rugwizakurinda rwa Muhumuza aciriwe I Kamembe  harya ubu koko umugogo wawe uheze is...
15/11/2019

Taliki 14/11/1931 imyaka 88 irashize Rugwizakurinda rwa Muhumuza aciriwe I Kamembe harya ubu koko umugogo wawe uheze ishyanga🤔🤔🤔🤔🤔🤔

Isabukuru Nziza  musore wanjye   👌
23/10/2019

Isabukuru Nziza musore wanjye 👌

01 ukwakira      byanyu ngabo zacu tuzabizirikana iteka @ Remera, Kigali
01/10/2019

01 ukwakira byanyu ngabo zacu tuzabizirikana iteka @ Remera, Kigali

Address

KG16
Kigali

Telephone

+250788547715

Website

Alerts

Be the first to know and let us send you an email when Urwanda rwa Benimana posts news and promotions. Your email address will not be used for any other purpose, and you can unsubscribe at any time.

Contact The Business

Send a message to Urwanda rwa Benimana:

Shortcuts

Share